35 min

Itoze kuyoborwa n'Imana Zion Temple Kimironko

    • Christianity

Itoze kuyoborwa n'Imana.
Pastor Didier 13/2/2022
Imana ni Imana igira ingamba zihabanye cyane niz'umwana w'umuntu, igira imikorere itabariramo umuntu iyo igiye kugutabara ica mu nzira zivangira abanzi bawe kuko ari Imana y'inyabwenge.  
Yesu yagiye avuga kenshi uwo ari we yavuze ko ari umwungeri mwiza, ni umwungeri utuyobora neza.  
Mariko 8:22-26 Yesu yageze i Betsayida bamuzanira impumyi ngo ayikoreho acira amacandwe ayikora kumaso ayibaza niba iri kureba imubwira ko abona abantu bameze nk'ibiti bigenda arongera ayikora ku maso irareba neza aramubwira ngo atahe arayibwira ngo ntirushye isubira mu kirorero.
Imana ijya ituyobora ahantu runaka kuko ariho iba ibona hari ibisubizo byacu.  
Yohana 21:5-6 5 Yesu arababaza ati"Yemwe bana banjye, mufite icyo kurya?" Baramusubiza bati"Nta cyo." 6 Arababwira ati"Nimujugunye urushundura iburyo bw'ubwato, murafata." Nuko bararujugunya ntibaba bakibasha kurukurura, kuko ifi zari nyinshi.  
Iyo Imana ikuyoboye unaga urushundura ahari umugisha wawe,kuyoborwa n'Imana ni ibintu bitwinjiza mu mugisha w'Imana ku buzima bwacu hari ahantu Imana ishaka ko tuba turasabwa kwitoza kuyoborwa n'Imana.  
Turi mw' isi yuzuye confusion abantu batubwira ibintu bitandukanye buri wese akubwira ibye ariko turasabwa kuyoborwa n'Imana gusa kuko nitwiga kuyoborwa n'Imana tuzakomera muri iyi si yuzuye confusion.  
Uburyo twakwitoza kuyoborwa n'Imana:
1 Samweli 3:7-8 7 Ariko Samweli yari ataramenya Uwiteka, kandi atarahishurirwa n'ijambo rye.  8 Uwiteka ahamagara Samweli ubwa gatatu. Arabaduka asanga Eli ati"Nditabye kuko umpamagaye." Maze Eli amenya ko ari Uwiteka uhamagaye uwo mwana.   1.Abo Imana iyobora bagomba kuba baravutse ubwa kabiri. Samweli yabaga mu rusengero ariko atazi Uwiteka nicyo cyatumye Uwiteka amuhamagara yitaba Eli,hari igihe Imana iduhamagara tukitiranya ijwi rye niry'abantu nutavuka ubwa kabiri ntago uzamenya ijwi ry'Uwiteka.  
Yohana 3:3-6 3 Yesu aramusubiza ati"Ni ukuri, ni ukuri, ndakubwira yuko umuntu utabyawe ubwa kabiri, atabasha kubona ubwami bw'Imana." 6 Ikibyarwa n'umubiri na cyo ni umubiri, n'ikibyarwa n'Umwuka na cyo ni umwuka.  
Nidusabana n'Imana tuzabasha kumenya ijwi ry'Imana kuko tuzaba twatindanye nayo tubashe gutandukanya ijwi ry'Imana n'andi majwi yiyitira ibyo Imana yavuze kandi atari byo,twige kumva ijwi ry'Imana nibwo tuzamenya ibintu biri byo.  Imana ibahe umugisha!!!

Itoze kuyoborwa n'Imana.
Pastor Didier 13/2/2022
Imana ni Imana igira ingamba zihabanye cyane niz'umwana w'umuntu, igira imikorere itabariramo umuntu iyo igiye kugutabara ica mu nzira zivangira abanzi bawe kuko ari Imana y'inyabwenge.  
Yesu yagiye avuga kenshi uwo ari we yavuze ko ari umwungeri mwiza, ni umwungeri utuyobora neza.  
Mariko 8:22-26 Yesu yageze i Betsayida bamuzanira impumyi ngo ayikoreho acira amacandwe ayikora kumaso ayibaza niba iri kureba imubwira ko abona abantu bameze nk'ibiti bigenda arongera ayikora ku maso irareba neza aramubwira ngo atahe arayibwira ngo ntirushye isubira mu kirorero.
Imana ijya ituyobora ahantu runaka kuko ariho iba ibona hari ibisubizo byacu.  
Yohana 21:5-6 5 Yesu arababaza ati"Yemwe bana banjye, mufite icyo kurya?" Baramusubiza bati"Nta cyo." 6 Arababwira ati"Nimujugunye urushundura iburyo bw'ubwato, murafata." Nuko bararujugunya ntibaba bakibasha kurukurura, kuko ifi zari nyinshi.  
Iyo Imana ikuyoboye unaga urushundura ahari umugisha wawe,kuyoborwa n'Imana ni ibintu bitwinjiza mu mugisha w'Imana ku buzima bwacu hari ahantu Imana ishaka ko tuba turasabwa kwitoza kuyoborwa n'Imana.  
Turi mw' isi yuzuye confusion abantu batubwira ibintu bitandukanye buri wese akubwira ibye ariko turasabwa kuyoborwa n'Imana gusa kuko nitwiga kuyoborwa n'Imana tuzakomera muri iyi si yuzuye confusion.  
Uburyo twakwitoza kuyoborwa n'Imana:
1 Samweli 3:7-8 7 Ariko Samweli yari ataramenya Uwiteka, kandi atarahishurirwa n'ijambo rye.  8 Uwiteka ahamagara Samweli ubwa gatatu. Arabaduka asanga Eli ati"Nditabye kuko umpamagaye." Maze Eli amenya ko ari Uwiteka uhamagaye uwo mwana.   1.Abo Imana iyobora bagomba kuba baravutse ubwa kabiri. Samweli yabaga mu rusengero ariko atazi Uwiteka nicyo cyatumye Uwiteka amuhamagara yitaba Eli,hari igihe Imana iduhamagara tukitiranya ijwi rye niry'abantu nutavuka ubwa kabiri ntago uzamenya ijwi ry'Uwiteka.  
Yohana 3:3-6 3 Yesu aramusubiza ati"Ni ukuri, ni ukuri, ndakubwira yuko umuntu utabyawe ubwa kabiri, atabasha kubona ubwami bw'Imana." 6 Ikibyarwa n'umubiri na cyo ni umubiri, n'ikibyarwa n'Umwuka na cyo ni umwuka.  
Nidusabana n'Imana tuzabasha kumenya ijwi ry'Imana kuko tuzaba twatindanye nayo tubashe gutandukanya ijwi ry'Imana n'andi majwi yiyitira ibyo Imana yavuze kandi atari byo,twige kumva ijwi ry'Imana nibwo tuzamenya ibintu biri byo.  Imana ibahe umugisha!!!

35 min